AHO NAVUYE NI HABI SINIFUZA KUHASUBIRA BY ABAJYISIYONI CHOIR y'i BUSORO

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 18 вер 2024
  • #THEPRESENTTRUTHMINISTERS
    1 Abatesalonike 5:3 " 3 Ubwo bazaba bavuga bati “Ni amahoro nta kibi kiriho”, ni bwo kurimbuka kuzabatungura nk'uko ibise bitungura umugore utwite, kandi ntibazabasha kubikira na hato.
    Ezekiyeli 9:4.Nuko Uwiteka aramubwira ati “Genda unyure mu murwa, hagati muri Yerusalemu, maze ushyire ikimenyetso mu gahanga k’abantu banihira ibizira bihakorerwa byose bikabatakisha.”
    Uwiteka aravuga ati: “Uruguma rw’umukobwa w’ubwoko bwanjye barwomoye baruca hejuru bavuga bati: ni amahoro, ni amahoro, kandi ari nta mahoro ariho.’‘ ‘’Kuko ibinyoma byanyu ari byo mwateje umutima w’umukiranutsi agahinda...” II 630.2, INTAMBARA IKOMEYE P.555, P.552, (NTOYA) p.457
    "Abantu bamaze kumenya neza ko bayobye, basubiranyemo bamwe barega abandi ko babayoboye mu nzira yo kurimbuka; ariko cyane cyane, bose babigereka ku bungeri babo. Abungeri gito bagiye babwiriza abantu ibyo kubanezeza gusa; batumye ababumva bahinyura amategeko y’Imana kandi barenganya n’abashaka kuyakomeza. Mu kwiheba kw’abo bigisha, baturira imbere ya rubanda ko babayobeje. Nuko abantu bazabiranywa n’uburakari bugurumana. Batera hejuru n’ijwi rirenga bati: “Turarimbutse kandi nimwe tuzize.” Maze bahindukirira ba bigisha b’ibinyoma, abo bajyaga barata cyane, noneho babahundazaho imivumo iteye ubwoba. Amaboko yakoreshwaga mu kubashima, ni nayo bazayazamura kubarimbura. Inkota zakoreshejwe kurimbura abizera Imana, nizo zizakoreshwa kurimbura abanzi babo. Ahantu hose hazaba ari imirwano no kuvusha amaraso.” II 631.1; INTAMBARA IKOMEYE P.556.2, P.553.2, (INTOYA) p.458.1
    “Ku muntu wese wahindutse by’ukuri, kumenya Imana n’imibereho y’ahazaza, ni byo agira nyambere mu ukubaho kwe kose. Ariko se ni hehe ubu mu matorero y’akamenyero ubu arimo abantu benshi barimo umwuka wo kwiyegurira Imana? Usanga abizera batararetse ubwirasi no gukunda iby’isi nk’uko bari bameze batarahinduka. Ubona n’ubu batiteguye kwiyanga ngo bikorere umusaraba w’umukiza wabo, ngo bakurikire Umugwaneza wicisha bugufi. Idini yahindutse imyitozo n’imyidagaduro by’abatizera, bafite ishusho yo kwera, ariko ntibamenye amategeko yako. Umwuka wo kubaha Imana wamaze gushira mu matorero menshi. Gukora ingendo zo kujya kwishimisha, Ibitaramo, za tombora, imikino (amakinamico) mu materaniro y’abizera, kurimbisha insengero, no kwibona byamaze kwirukana Icyubahiro cy’Imana mu bantu. Imirima, ubutunzi, imishinga, biniga ibitekerezo, maze ibihoraho bigahabwa agaciro gake, ibiyoyoka bikaba ari byo bishyirwa imbere. II 458.3; INTAMBARA IKOMEYE, ikigisho cya 27 P.396.1, (igitabo gitoya/ Igifuniko gitukura) p.332
    Nubwo kwizera n’ubutungane byakomeje kugabanuka, mu itorero, ariko haracyari abigishwa b’ukuri ba Kristo. Kandi Mbere y’uko umujinya w’urubanza ruheruka rw’Imana wisuka ku isi, hazabaho guhinduka gukomeye mu bwoko bw’Imana kutigeze kubaho guhea mu bihe by’intumwa na Yesu. Mwuka w’Imana n’imbaraga zayo bizasukwa ku bana bayo. Muri Icyo gihe abantu benshi bazasohoka muri ayo matorero yemeye ko urukundo rw’iby’isi rusimbura urukundo rw’Imana n’ijambo ryayo. II 459.1; INTAMBARA IKOMEYE, ikigisho cya 27 P.396.2, INTAMBARA IKOMEYE (itabo gitoya/ Igifuniko gitukura) p.332.3

КОМЕНТАРІ •