Umunyamakuru Ntwali John Williams yapfuye: Amateka ye avunaguye n'Urwibutso asigiye Abadiventisiti
Вставка
- Опубліковано 19 січ 2023
- Ntwali John Williams umwe mu banyamakuru bazwi mu Rwanda wari ubimazemo igihe yapfuye.
Umuvandimwe we Masabo yabwiye BBC ko Polisi yamubwiye ko kuwa kabiri Ntwali yari kuri moto ikagongwa n’imodoka maze agapfa.
Senior Superintendent of Police René Irere, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami ryo mu muhanda, yabwiye The New Times ko impanuka yishe Ntwali yabaye "kuwa gatatu 02-50 z'igicuku" mu karere ka Kicukiro.
Ntwali yakoze mu bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, kugeza n’aho ashinga ibye bikorera kuri Murandasi.
Yari Umwanditsi Mukuru w’Igitangazamakaru ‘The Chronicles’ akanatambutsa inkuru ku muyoboro we wa UA-cam witwa Pax TV na Ireme News.
Bamwe mu banyamakuru n’ab’umuryango we wa hafi bavuze ko bashenguwe n’inkuru itunguranye y’urupfu rwe.
Ntwali yari Umwizera w’Itorero ry’Abadiventisiti w’Umunsi wa Karindwi ubarizwa muri Kigali English Church.
Yavutse mu mwaka 1980, amashuri abanza akaba yarayize ku Gasunzu.
Amashuri yisumbuye yayize muri Collège Adventiste de Gitwe guhera mu mwaka wa 1992 kugeza mu 1998. Mu cyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye yize uburezi (Normal Primaire).
Nubwo yize uburezi, akazi yakoze cyane akanamenyekana cyane guhera mu myaka ya 2000 ni umwuga w’itangazamakuru yakoraga kugeza apfuye.
Kaminuza yayize muri ‘Université Adventiste d’Afrique Centrale’ guhera mu 2001 kugeza mu 2005, aho na ho yakomeje kuminuza mu burezi.
Yabaye Umutoza, Umucuranzi n’Umwanditsi w’indirimbo z’amakorari atandukanye yo mu Itorero ry’Abadiventisiti haba aho yize n’aho yigishije.
Ni umwe mu bagize uruhare mu isemurwa ry’Indirimbo y’Abarondabukanda (Pathfinders), yitwa ‘Turi Abavumbuzi b’Intwari’ nk’uko yabyemereye @ITABAZA.
Ntwali John Williams asize umugore n’umwana umwe.
Umuhango wo kumuherekeza uteganyijwe ku Cyumweru tariki 22 Mutarama 2022 I Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi.
____
Click the following links to Subscribe to our Channels:
ITABAZA TV: / @itabaza
itabaza.org/
Contact us:
Email: Info@itabaza.org
Facebook: /
/
Twitter: / itabazarw
/ itabazatv
IG: /
© 2023 ITABAZA. All Rights Reserved.
Warning: Before Using Any piece of this Video, Please Contact Us. Unauthorized Use is a Violation of Laws.
ITABAZA is not responsible for the content of external sites.
#ITABAZA
#ItabazaTV
#Rwanda
Ntwali yanze kubaho atariho, nanjye aho kugirango mbe mu Rwanda na karengane gahari nakwemera bakanyica. Iba abanya makuru bo mu rwanda ntanumwe wasesengura icyo yazize Ahubwo nawe uri kuza utubwira ubusa
Yesu Kristu Akomeze Umuryango Usigaye.
Birababaje cane, ndababajwe n urupfu rwa William, yar intwari ikomeye cane , amateka yiwe nimeza Kandi yagize ubwaku bukomey cane kw ishengero ry Imana mbere no kubuzima bw abamuzi.
Nk'intwari zaramuwe na collège de Gîtwe n'a UAAC mudende ziri i Burundi turahojeje uwo muryango usigaye nawe Ntwari ugire iruhuko ridashira mu Mwami Yesu Kristo! Imana yacu izi itanguriro n'iherezo ryacu . Gusa uguhora n'ukw'Imana .
Ntwali John Williams witanjyiye Rubanda ijwi ryabativugira Ruhukira mumaho ntwali yacu warakoze muhaguruke na Idamange Turwanye akarengane gakorerwa abanyarwanda Tuvuzimpanda FPR Iturekure oyeeeee Idamange Intumwa y'Imana Barekure karasira 🙏
Ese disi burya yari Umudivantiste
Afite abo yarabangamiye.impanuka nkizo zirategurwa
Abagome bamwishe muminsi Mike baraje Imana ibibahore
Killing machine iramuhitanye
Yoooooooo 😭😭😭😭😭😭😭😭😭 twihanganishije abasigaye. Imana yacu ikomeze abasigaye
Wivuga kugeza apfuye ahubwo kugeza yishwe
Hahirwa abapfa bapfira mu Mwami ngo baruhuke imiruho n'imigati,imirimo yabo ibaherekeze.
Mudufashe gukosora ni 2023 au lieu de 2022 murakoze
Niyigendere ntakundi icyakora hahirwa abapfa bapfiriye mumwami
Umubili bara wubabaje ariko Roho yawe irigenga
Ruhukira mu mahoro Ntwali wari Intwari koko.
Mudufashe gukosora ni 2023 au lieu de 2022 murakoze