Mbe Mukazana we... ! (+lyrics) - Yohani NTAMAVUKIRO - Umuduri - Rwanda

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 5 вер 2024
  • *Uyu muduri witwa "Umusaza n'Umukazana", ukaba uwa Yohani NTAMAVUKIRO wo muli Muyira ya Butare (Nk'uko twabibwiwe na Leonard Twahirwa, hasi). Birumvikana kandi ko ibilirimbwa mwo atari wo murage mwiza. Ahubwo uburyo buhanitse yabikozemo yerekana ingaruka zabyo. Murakoze*
    Texte:
    Mbega umusaza we
    Mbega umusaza we
    N'umukazana we
    Mbe Mukazana we
    Njyewe ndagukunda
    Nkunda indoro yawe
    Nkunda inseko yawe
    Umutima mwiza we,
    Umwe ukunda abagenzi we,
    Yaaahhh... umva we !
    Mbe Mukazana we, ngo dukazanure
    Urebe iyi minsi, iminsi tumaranye
    Bugacya nkaza, ukampakanira
    Nkongera nkaza, ukampakanira
    Uyibare uyumve we, ibaye umunai we,
    Yaaaahh....
    Mbe Sogoku, aliko Sogoku...
    Ibyo uvuga byose, ibyinshi ndabyumva
    Simbishaka
    Mbe Mukazana we
    Njyewe ndagukunda
    Nkunda indoro yawe
    Nkunda inseko yawe
    Umutima mwiza we,
    Umwe ukunda abagenzi we,
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyaaah ahhhaa
    Ayiyeeehhhhmmm !
    Umva Sogoku,
    Ko mbiruzi, yuko ubishaka
    Nunkora ku mukondo
    Nzongera kugutsinda ra !
    Uzansinda,
    No kugirango umugabo wawe,
    Atazabimenya, Umwanga*(?) murinzi we
    Yeeeh
    Umva Sogoku,
    Ko mbiruzi, yuko ubishaka
    Kandi ubikunze,
    Ejobundi warabaze
    Unyima akanyama, birambabaza.
    Ibyo byihorere we,
    N'ubwo nabaze, ntabwo nazimaze
    Buracya mbaga we,
    Ndabaga isekurume, na ya yindi
    Na ya ngumba,
    Nzaguha umukenya, hamwe n'umukenyure we
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyaaah yayayah
    Ayiyeeehhhhmmm... umve.
    Umva Sogoku,
    Ko mbiruzi, yuko ubishaka
    Kandi ubikunze,
    Misigaro uriya, na Nyiramisigaro
    Ndabagira nte re ?
    Yewe Misigaro, na Nyiramisigaro
    Hogi nimugende, mujye mu gacyamu
    Musange inyana, ndahabasanga we
    Iyaaah
    Ngabo baragiye
    Ngabo baraminutse
    Heba(reba*(?) ukundi, uko ubigerageza,
    Maze unyikize ntahe we,
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyaaah iyayayah
    Ayiyeeehhhhmmm...
    Umva Sogoku, aliko Sogoku...
    Enda ngwino, ugire ibyo ugira
    Maze wigendere,
    Umugabo wanjye atahadusanga ra !
    Ahubwo rero,
    Njyewe ndi Rugambwa, kandi ndi Rutinywa
    Ndi Ruganiza ingamba we,
    Baratinya ngatikura we,
    Ahhaaan... Ahhhaaan
    Ayiiyeeeh
    Umva Sogoku,
    Ubwo uhimbawe, ukaba wivuze,
    Ukaba uryohewe,
    Ejobundi, umusibo ni ejo
    Nakwatse ifaranga
    Ryo kugura akunyu,
    Nkabonye kabunga
    Kandi nkababaye, maze urarinyima
    Birambabaza !
    Ibyo byihorere we, ibyo byihorere we
    Iyo nashyikiriye, ntabwo mpugahuga
    Sindora hirya we, cyangwa ngo ndore hino
    Uzamure ukuboko, buhoro buhoro
    Ukore mu bitugu, ukore mu ruhago
    Urebe ifaranga, maze usibe izo note we
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyaaah iyayayah
    Ayiyeeehhhhmmm... umva weee.
    Abikozemo, biramuryoha
    Arayakukumba, umusaza arataha
    Ngo agere imuhira,
    Ashaka kumubaza, yumve icyo avuga we
    Iyeeehhh...
    Mbe Sogoku, aliko Sogoku,
    (Ga)pfe utampamagaye
    Kagwe ku rugamba we,
    Kabure ibibondo,
    Gahure na mburugu,
    Wampemukiye, untwara ibihumbi
    Urabikukumba we, ureba inka zose we,
    Ntarazisorera, hamwe n'aya mashashi we !
    Yeeeehhh...
    Niko Sogoku, ni njyewe ututse ?
    Ni wowe nyine,
    Wampemukiye, untwara ibihumbi
    Urabikukumba, ureba inka zose we,
    Ntarazisorera, hamwe n'aya mashashi we !
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyeeehhh...
    Umva Sogoku, ni(m)ba ali njyewe,
    Ba uretse gatoya,
    Umugabo wanjye, namara kuza,
    Turabisubiramo.
    Uramenye ! Uramenye !
    Nturinkorere ! Atanyirenza we,
    Ndaguha ahubwo we,
    Ndaguha impongano,
    Ndaguha Gitare, gitebeje umukondo we,
    Iyaaah.. ayiheeeh
    Umva Sogoku,
    Gitare iriya, n'ibitutsi wantutse
    Ntabwo nyishaka.
    Umva rero,
    Ndaguha Bihogo, bihogoje Imana,
    N'inyana yayo we,
    Yaaah... ayiiiyeeh...umva we.
    Umva Sogoku,
    Bihogo iriya, n'ibitutsi wantutse
    Na yo ntabwo nyishaka pe !
    Umva rero,
    Narakubwiye, turi ha handi,
    Ko ntajajaba, ko ntarora hirya we
    Cyangwa ngo ndore hino we,
    Ngwino uzihitemo,
    Maze ujyane iyo ushaka we,
    Umwanga*(?) murinzi weee
    Iyayaaah... ayiyeeeh.
    Umva Sogoku,
    Ntacyo nzihitamo,
    Ndatwara Impangaza,
    N'inyana yayo.
    Ngwino uyijyane,
    Ni yo nakamirwaga.
    Igira amata aryoshye we !
    Ikivuguto cyayo we,
    Haryoha umubanji we
    Aliko uzanyongere,
    Ayiyeeeh....
    Umugore we, arashyira araza
    Abaza umusaza:
    Ziriya nka zose, nduzi utanze
    N'iyo wakamirwaga,
    Igira amata aryoshye we
    Uzitangiye iki we ?
    Nazijyane, uriya mwana
    Kuva yagera aha,
    Ntiyansuzuguye,
    Arazikukira....
    .......
    (héy, R. :)
    (Umusaza n'Umukazana ~ Yohani Ntamavukiro, Butare, Rwanda)

КОМЕНТАРІ • 49

  • @benkamanzi1643
    @benkamanzi1643 Місяць тому

    Muzajye kuri radio rwanda babahe agace kasigaye bo bayifite yose.

  • @jean6030
    @jean6030 3 роки тому +3

    Ndashimira cyane umuntu wese ugira uruhare mu gukusanya ibihangano bya kera. Ubwabyo ni amateka y'abanyarwanda. Mukomereze aho ababikunda turabashimira. You are doing a great work!

  • @AlbertoMurindabigwi
    @AlbertoMurindabigwi 10 днів тому

    Mwarakoze

  • @TEACHA101
    @TEACHA101 Рік тому

    Abanyenduga ntibapyina rwose !'barakazanura'.
    🥰😍

  • @rutindikarwoganyanja9436
    @rutindikarwoganyanja9436 3 роки тому +1

    Iyo niliwe ntarungu
    Inyibutsa kera iminsi itaratuzamulira imiziro!!!!

  • @alexbahati3917
    @alexbahati3917 3 роки тому +1

    yooooo uyumusaza arakyabaho twamukuye gatoi mumashyamba yakongo disi

  • @paternerutinteziyaremye9050
    @paternerutinteziyaremye9050 3 роки тому +2

    Uduce 2 dukurikiraho nigeze kutwumva kuri Radio Rwanda. Icyo gihe SIBOMANA Athanase yari yamusuye amubwira ko yabaye umurokore atakibicuranga.
    Gusa yarabicuranze SIBOMANA abinyuza kuri Radio Rwanda.
    Murakoze

  • @rugeva0532
    @rugeva0532 4 роки тому +1

    Si nabona uburyo ngushimira! Ndacyeka bitakorohera kubona indirimbo za kera tutacyumva no ku ma Radios. Ndagusabye uzadushakire Nyamutegera kazazejo na Maguru ya sarwaya n'insibika. ndakwizeye uzazibona.

    • @urumuri610
      @urumuri610 3 роки тому

      Nanjye ndazikunda cyane

  • @thescientist1019
    @thescientist1019 4 роки тому +1

    urakoze kbsa ni keza

  • @iyamuremyejeanclaude4117
    @iyamuremyejeanclaude4117 5 років тому +2

    Uwampa ikaba igararara!!!!

  • @fabiennzitonda6980
    @fabiennzitonda6980 4 роки тому +1

    Ndabemera ncyane

  • @marygracemukamana9639
    @marygracemukamana9639 3 роки тому

    Yezu weee! Nizere ko uyu masaza yaje gukizwa akareka irari...hahhh

    • @mathiassibomana4519
      @mathiassibomana4519 3 роки тому

      Ntabwo aruwo muri muyira nuwo muri ex commune muyaga mw i ramba rya gakoma

    • @joliejoie2010
      @joliejoie2010 Рік тому

      Umuhanzi ntabwo aba avuga ibye,aba avuga ibibaho,en général

  • @pelagiemugisha1642
    @pelagiemugisha1642 3 роки тому

    Haaaaaaa yarakijijwe ubu rwose ntakibirimo ibyongibyo

  • @fabiennzitonda6980
    @fabiennzitonda6980 4 роки тому

    Ibyakera nagahumamunwa

  • @chimilimanachimilimana3895
    @chimilimanachimilimana3895 5 років тому +1

    Ninziza

  • @amateka1
    @amateka1 3 роки тому

    Icyakora iyi ndirimbo iransekeje hhh

  • @pascalmbarushimana9510
    @pascalmbarushimana9510 4 роки тому +1

    Cyo Mukazana weee, cyo dukazanureeeee.
    Hhhhhhhh

  • @landrymugisha6444
    @landrymugisha6444 4 роки тому

    namateka yabasogokuruza

  • @oniyonkuru
    @oniyonkuru 2 роки тому +2

    Ariko mana kuba sugar daddy ndabona no mu Rwanda w'abakurambere bitari byose. Sogokuru bamukuye amenyo banamutwara impangaza n'inyana yayo kubera gukunda ibintu. Yayayayaya mbega mbega akaga 🤣🤣🤣🤣

    • @TEACHA101
      @TEACHA101 Рік тому

      Baratinya agatikura! Yayayayaya anha anha anhha🤣🤣

  • @leonardtwahirwa144
    @leonardtwahirwa144 5 років тому +6

    Uyu muduri witwa "Umusaza n'umukazana". The author ni NTAMAVUKIRO Yohani wo muri ex Komini Muyira i Butare.

  • @rukundobugeserafrancois
    @rukundobugeserafrancois Рік тому

    Urabeshye nuwo mucyahoze Ari komine muyaga segiteri ramba serire kanyirantiba turaturanye

  • @top_ten778
    @top_ten778 5 років тому +2

    Inganzo

  • @Sangoyamboka
    @Sangoyamboka 4 роки тому +1

    Cette poésie ancienne rwandaise est un récit traditionnel érotique et incestueux où le beau-père a des relations sexuelles avec sa brue. À l'époque, puisque c'est le père qui choisissait une femme pour son garçon et organisait le mariage en donnant la dot et des vaches, il se donnait le privilège et le droit d'entretenir des relations avec la femme de son fils. C'est un texte qui peut faire objet d'une étude psycho-anthropologique pour comprendre les origines de cette écriture.

    • @Muragemwiza
      @Muragemwiza  4 роки тому

      Ceci étant, nous ne défendons absolument pas lesdites pratiques en publiant ce récit sur cette chaîne. Il est important de le souligner ! Quant à l'étude, l'idée est bonne.

    • @Sangoyamboka
      @Sangoyamboka 4 роки тому

      La personne qui a publié ce récit a ses motivations. Il nous partage un texte qui parle des us et coutumes qu'on doit situer dans un contexte historique et socioculturel. Cependant, cette pratique a un nom dans la langue rwandaise. Seule une collecte des données sociologiques peut nous éclairer si cette pratique séculaire n'est plus pratiquée dans la région.

  • @martinmanariyo9751
    @martinmanariyo9751 2 роки тому

    Juuk

  • @user-no3tz9se2y
    @user-no3tz9se2y 2 місяці тому

    Aho,rwoseduhateizonangazacyeraturakwemerapapa

  • @sebagenzijavan4254
    @sebagenzijavan4254 4 роки тому +1

    Hariya ntabwo ari "umwanga murinzi", ahubwo ni "Mpangamurinzi".

    • @Muragemwiza
      @Muragemwiza  4 роки тому

      Bikanasobanura iki "mpangamurinzi" ? murakoze !

    • @paternerutinteziyaremye9050
      @paternerutinteziyaremye9050 3 роки тому

      Mpangamurinzi.
      Byakoreshwaga igihe babaga bari kubandwa bigeze ahakoneye. Njya mbyumvana abakuze ko iyo uwabandwaga yagezwaga aho bikomeye, bigoranye bamubwiraga ko aho ari mu Mpangamurinzi.
      Ngayo nguko

  • @angelicumuhoza6090
    @angelicumuhoza6090 3 роки тому +1

    🤣🤣 kera naho barakuraga burya🙉🙉

  • @felixniyitegeka5947
    @felixniyitegeka5947 5 років тому +2

    Muzashyireho video yayo nukuri ni nziza 😂😂😂😂😀😀

    • @TEACHA101
      @TEACHA101 Рік тому

      Cyera nta mashusho video yahabaga. Uwo wari umuduri wo kugicaniro. Amashyo abyagiye ari kuza, Ibibugu (tsétsé)byahunze.

  • @marygracemukamana9639
    @marygracemukamana9639 3 роки тому

    Ndumiwe koko. Hahhh

  • @marianishimwe9586
    @marianishimwe9586 5 років тому +1

    Hhhhhhh. Dore ko NSENGIYUNVA YABAGOREWEHO!!!!
    NIBI NIWE WABIRIRIMBYE??

    • @Muragemwiza
      @Muragemwiza  5 років тому

      Oya, byaririmbwe n'undi.

    • @marianishimwe9586
      @marianishimwe9586 5 років тому +2

      @@Muragemwiza nibyo. Nuko bashatse kumuca intege. Ngo indirimbo aririmba ntamuco urimo. Kandi abaririmba nkawe bahozeho kuva cyera.

    • @Muragemwiza
      @Muragemwiza  5 років тому

      @@marianishimwe9586 ni umuhanzi, kimwe n'abamubanjirije baravuga ibyo mu gihe cyabo, bisaba kumva neza ibiri inyuma y'injyana. Naho ubundi ataranamenyekana(Nsengiyumva) nk'uko bimeze ubu, twamubonyeho ugusigasira umurage mwiza mu buryo bwe. Reba ua-cam.com/video/U4ZJJZIv2Qo/v-deo.html

  • @kalisaevariste6615
    @kalisaevariste6615 2 роки тому

    In

  • @talksfootballofficial
    @talksfootballofficial 3 місяці тому

    😃🥱🤣🤣🥱😃😃😃😃