Це відео не доступне.
Перепрошуємо.

Ismael MWANAFUNZI| WARUZIKO| Amategeko 48 agenga ububasha n'ubutegetsi| Radio Rwanda

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 25 бер 2023

КОМЕНТАРІ • 1

  • @Bookslover707
    @Bookslover707 4 дні тому

    Tubashimiye ko murimo kutwumva-
    Uyu munsi intambara abatuy’isi barwana,
    Ntabwo ar’intambara zirwanwa hakoreshejwe intwaro.
    Ahubwo n’intambara zibera mumitwe yabo.
    Tubabara kandi tukavunika mubitekerezo kurusha uko tuvunika mu buzima busanzwe.
    Ibibazo byuzuy’imitwe yacu,
    Bituma bamwe baseka nyamara imbere muribo barira.
    Abandi bakarira nyamara imbere muribo baseka.
    Bifitany’isano ry’imibereho y’abantu mur’iki kinyejana cya 21.
    Iyi mibereho n’imibanire ariko, nabyo ntabw’ari bishya kuko bisa nk’ibyanditse imbere mu muntu
    Twese uko twakabaye, kuva ku muto kugera ku mukuru
    Abakomeye n’aboroheje
    Dukunda kugira ububasha kubandi
    Dukunda kubahwa
    Kumva k’ufitiye abandi akamaro.
    Kandi ko bakubuze batarokoka.
    Kuko wowe utameze nkabo,
    Ko wowe ur’igihangange
    Ukaba mwiza kandi ukagira ubwenge bubeshejeho abandi bose basigaye.
    Kwumva ko nta bubasha ufite kubandi,
    N’imwe mu myumvire mibi umuntu ashobora kugira.
    Niho havuye ijambo agasuzuguro no kwanga agasuzuguro.
    Buri wese muri twe, aramutse ahawe ubushobozi, yahitamo kugira ububasha kubandi.
    Atar’ububasha bwo kubategeka gusa, ahubwo no kuba mwiza kubarusha, kugira ubutunzi bwinshi kubarusha.
    Kugira ubwenge bwinshi kubarusha
    Kugira igikundiro kubarusha.
    Gusa ibingibi kubigeraho biravuna
    Bisaba igihe
    Bisaba kwihangana
    N’ubwenge bwo gusobanukirw’abandi
    Iri jambo niryo riruta ayandi yose mumibanire
    “Kumeny’abantu”
    Ndabasuhuje, nitwa Ismael Mwanafunzi