Hunga Udapfa😭Niba byanze mu Rugo iwawe Ngaba abantu 2 ukwiye kwitabaza wihuse|Inama za Pst Desire
Вставка
- Опубліковано 28 бер 2022
- ☑️Ikaze kuri SINAI TV. Ni urubuga rwa Gikristu rugufasha gukura mu buryo bw'Umwuka n'umubiri binyuze mu biganiro dukora bishingiye ku ijambo ry'Imana gusa.
☑️Ushaka kudushyigikira: +250788411040 (Mobile Money, WorldRemit, ...)
☑️Ushaka gukoresha Western Union cg Money Gram watubaza kuri izo nimero.
A warm welcome to SINAI TV, one of the most trusted online Christian Television.
This TV brings you the good news of Jesus-Christ with people sharing their educational, informative, encouraging, and inspiring messages through the Word of God, life testimonies, and social life analyses about different topics.
All rights reserved.
Unauthorized use, modification or editing of the video without our permission is a violation of applicable laws.
#WhatsApp_0788411040 - Розваги
Reba ibindi bice byose byabanje hano👇
IGICE CYA 1: ua-cam.com/video/xeYisskD868/v-deo.html
IGICE CYA 2 : ua-cam.com/video/UwYsrHzAcng/v-deo.html
IGICE CYA 3: ua-cam.com/video/f0sq4e-Mxfo/v-deo.html
IGICE CYA 4: ua-cam.com/video/yYlTSadmw4o/v-deo.html
Be blessed
Merci bcp
Mdanezerewe cyane kubwiki kiganiro.umunyamakuru Imana imuhe umugisha kuko azi kubaza neza 👍👍.pastor we ntaco narenzaho Yesu kristu ahaze ibyifuzo byo mu mutimawe ,Yesu abonako bimufitiye umumaro.kdi Amugwirize uburame 🙏🙏
Nibyo, Dominic azi kubaza neza ibibazo byubwenge, azi no kuyobora ikiganiro neza avangamo no gusetsa bikaryoha😂😂
Aba bagabo (Mr Dominic & Pastor Desire) ndimo kubakunda cane kweli kweli👌 muravuga ukuri kwinshi kwakabaye kwaravuzwe keraaa none dore turi mu ngaruka zo kubiceceka iyi myaka myinshi yose ahubwo twajya mu nsengero tugasirimba, tugatanga amaturo ubundi tugataha nyamara hari bamwe muri twe imitima yaboze izize ibibera mu ngo zabo baza bavamo😭
Hallelujah, Amen 🙏🙏🙏 Imana ihabwe icubahiro Cinshi kubwokubwiza Ukuri Aba Kristo kuko Ukuri kuraremereye kunva ariko kurakiza!! IMANA ibampere Umugisha Pastor 💞💞
Uziko umugabo agutesha agaciro,akagukorera ibintu adasho ora gukorera numukozi wo murugo!!muziko ubwonko buva mumwanya wabwo wumva bukaza mugahanga ukumva waturumbuka ukirukanka.nuko imbabazi z'Imana arizo zitubaho naho ubundi ndabarahiye
nukuri ibyo uvuga nukuri harigihe umugabo agusuzugura ukibaza ukabura igisubizo ukumva ugiye gusara arko bihorere umutima wacu bakinishije uwiteka azaduhoza
Uziko harigihe wumva wavuza induru cg ukagenda utazi aho ugiye umugabo aragukisora ukagirango siwe arabanza kikura kunshingano zose nge ntabeshye mbona abenshi tunambiye abana imitima yabenshi yarangiritse cyane nge nsigaye mbaho nkuzapfa ejo gusa ntibyoroshye pe
Muhumure bavyeyi beza Imana izadutabara ntabwo yaduhaye ingo tuzohora tuririramwo buri munsi. Umugambi wayo kuri twebwe nuko duhora twishimye ariko ka satani kakavyivangamwo. Bibiliya iravuga ngo Umugororotsi abeshwaho nukwizera . Reka tubeho twizer'Imana kwizadutabara. Nah ivyabagabo tuvyishinze twapha kare tutareze abana bacu .
Ibiganiro byanyu ndabikurikirana.
Pastor Desire arafasha cyane. Ese twafasha umugore ufite ikibazo cy'Umugabo umuca inyuma Kandi n' mugore W'umuturanye we Kandi bikaba binzwi imande zose, iyogeso yanze gucika.
Iyaba twari dufite ba Desire benshi twakwizerako ejo hazaza umuryango waba muzima
Ariko mubwire Pasteur nigute wagandukira umuntu utaguha agacyiro cg urukundo. Exemple umugabo umaze kugenda hanze kubandi bagore nigute wamuha respect
Sinkubesha biragoye
Wawwww urakoze cyane Pasteur, ntabwo ndumu poroso ariko ndanyunzwe peeee, Uhoraho aguhe umugisha wibihe byose 😍😍😍
Ndafashijwe cyane murakoze cyane Pastor... kubura urubyaro nabyo ntibikwira mu marangamutima
Pastor Wanjye Ndagukunda cyane
God bless you
Nukuri njya nyurwa nibiganiro byanyu biranyubaka
Pastor Imana ijye uguha umugisha wubaka imitima ya benshi,
Habwa umugisha.
Ahubwo uyu niwe mukozi w’Imana nyawe. Afite urukundo kubana b’Imana. Ikindi afite ubwenge n’ubumuntu. Urukundo rwe rurivigira. Imana imuhezagire kandi imwagure,azoronke aba bafatanya benshi guhindura isi.
Ndumva narira😭 ariko reka nihangane
Pastor Desire nawe Dominic mutumye nibuka byinshi... Tante wanjye ubu ari mu bitaro by'i Ndera (aho bavura abasazi) amaze amezi 8 kubera ibintu nk'ibyo murimo muvuga.
Umugabo we yahora amukubita yamaze 2 years akubitwa gutyo agaceceka ariko Mama wanjye akabikeka yabimubaza Tante agaceceka kubera yanga gusenya ngo abana be batajya kwangara bakaba mayibobo kubera ni bato ni nk'indahekana baracyari bato cane. Tante arakubitwa arakubitwa arakubitwa.. twagiye kubimenya asigaye ananirwa kugenda kubera inkoni akubitwa mu birenge ariko kubera atwara imodoka ntawamenyaga ibyamubayeho, none nkuko Pastor abivuze, mu mutwe we byarasandaye amera nk'umusazi ubu yibera i Ndera yataye abana, basigaye babana n'icyo gisimba ngo ni Se😭 Turamusura aho i Ndera ukabona yarasaze neza neza ubwonko bwaricuritse kubera umubabaro n'agahinda yatewe n'urugo rubi rumeze nka Gihenomu! Ndabireba nkumva ibyo gushaka umugabo nibijye iyo hiryaa shwi da😭
oooh Mana wee😭😭😭😭😭
Nyagasani amusure
Pole sana Mama ....Tante wawe Imana Izomukize gose . Hanze hano hari abantu bakoreshwa na satani ubwo uwo mugabo we ari muri bo. Komera mwihangana ikitakwishe kiragukomeza. Nawe uzoshake ukuntu ugira counselling ncuti kuko biragaragara yuko nawe vyagukozeho kandi birumvikana hama ntufate icemezo ufatiye kuvyo Tante wawe yaciyemwo. Si abagabo bose ari ibisimba ncuti. Ntuzohushe umugisha wawe kubera ivyo wabonye hanze Oya. Yesu Aracafise 7000 batarafukamira bayari. Humura. Love you❣
Yooo pole. Mujye mumusengera Imana izamugirira ubuntu imukize.
Yoo
Pasteur turagushimiye kuko ibi uvuze biriho cyane iyaba byamenywaga na benshi.
Pastor Imana iguhe umugisha gsa Yesu arengere ingo kuko abantu barenda kwicwa na gahinda
Yewe abenshi bapfuye bahagaze nibikomere byigendera
Nukuri Yesu atabare!ingo zo zamaze guhinduka gihenomu.
Ariko koko ukuntu dukunda abagabo bacu,ariko bo bakaturwaza umutwe udakira,ntibyavamo pe
Nkunda pastor Desire inama atanga zirafasha kdii zabashike kunyubakira God bless you.
Naho ibiturimo kubimenya ntaco bitwaye mukozi w'Imana komeza wongegw'amavuta menshi cane, cane ko i Burundi watubwiyeko muri Yesu birakosogwa bigakunda,amen
Yewe ibyo muvuze byambayeho pe, nenze kujya i ndera habura gato! Nabitse ibikomere imyaka 18 byari bimpitanye ubwabyo. Umwe ati mureke akwice uzajye mu ijuru, ibaze ubuyobe nk aho azanderera 😭😭😭😭😭 Imana ishimwe yo yampaye ihumure 🙏🙏🙏
Yego raa 😞
AMEEEEEEN RATA UWITEKA NIWE NYIR'IHUMURE RYOOOSE IYO WAMUHAYE UMUTIMA WAWE AWICARAMO AKAGUHUMURIZA AKAKUGIRA INAMA IBIKUBABAZA BYOOOSE UKABIMUTURAHO KUKO WE NTAREMERERWA🙏
@@uwashemamariejean6595 uravuga ukuri mukundwa 🍓🍓🍓
Ndanezerewe kumva ukuri uvugisha, ukora mumpande zose zubuzima cyane kuri mental health. Iyaba ibiganiro byawe byageraga kubantu benshi hari abantu benshi bafite agahinda gakabije bakira kubwawe. Imana iguhe umugisha.👌
Wamugano Imana iguhe umugisha nukuri, ibyingo byo nuguhozaho mwigisha kandi tunasengera abana bacu. Ababyeyi baba mama muriyiminsi ndimo ndabasabira ubwenge bwokurera abana babo kuko ntibyoroshye pe
Wahinduye ubuzima bwange gusa harinama nyinshi mbanumva nakugisha😢 nange iyo ngize ibibazo ndabibuka gusa byo kubibika sibyiza gusa kubona uwo ubwira nikibazo😢
Domi muraho ubutaha uzamubaze ni namaki yagira ababyeyi baba imahanga batazi ururimi eg icyongereza Cg france nibindi bavuga ikinyarwanda gusa ugasanga abana nababyeyi ntaho bahiriye abana bakaba bihariye umubyeyi nawe akabona ntakindi yabikoraho kubera ko inama yifuza kugira umwana we ntako yabigira kubera ntarurimi njya mbibona cyane imahanga kbs azategurire ababyeyi batazi ururimi knd barerera bakanabyarira aho batazi ururimi kuburyo umwana abaho yurera akarerwa na tv Cg fone murakoze turabakunda cyane knd Desire turamukunda yubaka imitima yabenshi ❤️❤️❤️❤️❤️❤️❤️🙏
Icyo ni ikibazo gikomeye.
Mutuye he ngo tuzarebe ko twabafashiriza abana kwiga ikinyarwanda ?
Erega bakozi b’Imana umuntu aba umwigisha kuko yabanje kwigishwa, ntawutanga icyo adafite, urwo rukundo tubashakaho nabo ntarwo bifitiye
Nabo ntibikunze pe bibeshya ko bikunze ariko siko biri erega uguhima tiretse agusurira mwiyorosanye
Uravuga ukuri pastor
Muraho bakozi bIMANA ,murakoze cane kuba mubasha gusoma comment ,none rro ndasaba ko Pasteur desire na Dominic muzokore ikiganiro kivuga kukuboneza imvyaro ,harikiganiro yabivuzeko Kwa Celine ariko kubera ko narimfatiriwe numvise gatoyi ngarutse ndakibura narababaaye can none rero bamwe bavuga ko Ari icaha abandi NGO sicaha nukuvyara abo dishoboye kurera ,nonezerwa cane mutugejejeho Ico kiganiro ,murakoze.
yesu ashimwe cyane pastor koharinabashumba nabo bapfuye,mumarangamutima yabo bo bazafashwa nande?
Haruwavuze ngo idini numunwa wa kuzimu idini niribi cyane
Pastor murakoze cyane kubwikiganiro, cyiza mwaduteguriye, mufasha imitima yacu, kubijyane no kuganira pastor murugo rwabantu badakunda kubonana urugero: ingo za ba policy cg abasirikare ntibahaba baboneka nka 1 mumezi 2cg 3 harya ubwo ikiganiro cyabera kuri 4ne? Ese wazamutegereza igihe azazira ukibitse ibintu kumutima ntiwavaho usandara paster inama niyihe
Ndabakunda cane Nukuri iyoubibitse birakwangiza chane
Nibyiza rwose pastor. Irerero ry'urubyiruko muzarishyire online abana Bose badafite umwanya bajye babyiga.
Urakoze cyane pastor na dominic ibiganiro byanyu hari icyo byungura ku nywumvire yabantu blessings to them
Murakoze kumpanuro muduhaye , naho bitoroshe, Imana ibahezagire .
Ibi urimo uvuga, abo ingo zabo zimeze neza ntibabyumva, ariko abagwiriwe n'iryo shyano uvuga pastor nibo bariho bumva ururimi uvuga😭😭😭 icyampa mumuru wanjye akumva iki kiganiro
Sinai Tv muriho murakora umurimo mwiza cyane, mukwiye Award pe🤝
Yesu amutabare kandi arashoboy
Mwoherereze link kugira nawe abyumvirize
Erega ntiwabwira umuntu uko inda ivamo iryana bitaramubayeho sasa rero ubu abenshi turabyumva neza nabana babigenderamo nicyo cyimbabaza
Ndabakunda Arikose umugabongaguchinyuma namaraakubyilengonsabimbabazi ?bibaho?
Mwiriwe jyewe ndaphuye ngeze naho kubaka urugo byanze nibaharikintu nanga nimibonano ndunva ngiye kwiruka mumfashe
Inama zawe zirubaka pe kdi ndizera ko twese zidufasha uwiteka akomeze kuguha ibitekerezo byiza byubaka
Nukuri ikiganiro umengo muvuga jewe nakuze ntamuntu unganiriza abavyeyi bitabareba papa ntamubona nkumuvyeyi ahubwo mubona nkigikoko barumuna ba papa bakansambanya bakanankarira kugira simbivuge mfise imyaka 10 12 baribaratanguye kunsambanya arabasore nje ndumwana maman atawe papa nawe arigikoko atankunda nubu ndasenga ariko kubwubwobuzima narigwaniriye gusa harikintu cananiye uburakari ntibuhera ndasenga ariko mfite uwomwuka wuburakari budahera munsengere icyokintu kimveko
Pole mama Imana Ikugirire neza cyane,kdi Igukize ubwo burakari.
Ikibazo abagabo ntibazi icyo bashinzwe rwose,baba bumva bahabwa,bakubahwa,bagateteshwa....ariko kugirango bahe abagore babo ibibakwiye ntibishoboka .
🇧🇮🇨🇨👏❤️
*UBUNDI KWIHANGANIRA MURI YESU UGACECEKA UGACA BUGUFI USENGA WIZEYE GUTABARWA N'IMANA USOMA IJAMBO RY'IMANA YEREMIYA:33:1-3, YESAYA 26:3-4, YESAYA 50:7, ABEFESO **3:20**-21, BY'UKURI UMWUKA WERA ARAGUSANGA AKAKUGANIRIZA AKAGUHUGURA, AKAKWIGISHA UKO UGOMBA KWITWARA MUKIGERAGEZO CYOSE KIKUBAHO AKAKWIGISHA KUBABARIRA KUKO NAWE NTABWO UBA WUJUJE BYOSE, AGUHA IMBARAGA ZO KUNESHA AMARANGAMUTIMA MABI🙏♥️🌹*
Pasta ndagukunda sana
Ikintu cyo munsengere cyo ni Christo wenyine watabara intama kuko nibikomere byigendera...indangagaciro z'ubumana zarashize...nugerageza agira inzitizi zituma adakora ibyo yagakoze Imana itabare imiryango.
Pasteur ivyuvuga ndavyumv cane!!sinubatse ariko kubwo kubura urwo rutugu ndiriraho vyandemyemwo umutima w'intare!!kuk nakomerekey mumuryango no murusengero!!
Ibanga ryo kubaka ni uguca bugufi, kwihangana, gusenga no kwihatira kwereka umuntu ko umwitayeho, umukunze.
😂😂 ako kantu karansekeje ngo ushobora kuba uryamye mu bitaro urimo serum umugore akakubwira ngo nubwo uryamye aho nta makara ahari 😂😂 ndatembagaye
🤣🤣🤣
😆😆😆😆😆
Nukuri mubihetujyezemo uravugaukuri kuzuye
Merci bcp pour cette émission Pasta nick Dominique.
Pastor desiré!
Murakoze cane imana ibahumugisha muduh akanimero nunvivyanj nobibarira wewe mukoziwimana
Numero ye ni +250788422984
@@SINAITV 🙏🙏🙏
Ese pasite wakwemera kumbera urutugu ndiriraho?nukuri bombe niturika nuwo nakomangiye ntanyumve nka Razaro Mana we ndasaba sintegeka.
Mushake Muvandimwe ni Umukozi W'Imana mwiza ntawe atererana ...mushake rwose umuririreho.
EREGA PASTOR NA WE N'UMUNTU HARI UBWO USHOBORA GUSANGA YARASHWE N'IBIBAZO NTAKUBONERE UMWANYA UHAGIJE NK'UKO UBYIFUZA, ARK BURYA YESU WENYINE NIWE WAGUSHYIRA MU GITUZA CYE UKAMURIRIRAHOOOO NTAKURAMBIRWE KDI AKAGUHA IHUMURE RYUZUYE🙏
Tuzovugane turi 2
Pastor wakinguye urusengero ko wahoza benshi ugafatanya nabandi nka batatu bagikanyakanya.
Nkeneye kuvugana nuyu mu Pasteur namubonante
Numero ye ni +250788422984
Uretse no kujya Indera ahubwo benshi bariyahura nizo mpfu zeze muri iyi minsi
#Amarangamutima yabanyarwanda Yarumiwe😔
Pasteri lmana imuhe unugisha kumpuguro z imiryango
Nibyo rwose izonyigisho ziradufasha
murakoze cyane kubwiki kiganiro
Pasta ndagukunda cane
Pastor wavuze ngo kuganira hari abagabo bakoresha kunanurwa kandi ari uburyo bwo kudashaka ko urashaka ko umubwiza ukuri
Padiri yigeze kutubwira ngo niduhane amahoro ya Kristo mpindukiye guhobera umuntu nti amahoro ya kristo ati mbe imbere ntayo nifitiye.
Pastor Desire na journalists muhezagirwe
Iii we nakererewe comment 35 zose reka ntere agatebe numve
Iyo utekeye umugabo wawe se maze yaza akabyanga,kdi atanakubwiye ATI mugore wanjye meze neza,ahubwo yaza ameza ntayarebe nirihumye,ni ejo bikagenda gutyo,wabyifatamo Ute?
Birababaza weeeee,gusa wishyira mumahoro ukarya wowe,yabishaka akaza kurya!
YEWEEEEE GUTEKERA UMUGABO NTABIRYE BIRABABAZA CYAAAANE BICA INTEGYE KUKO BITUMA WIBAZA BYINSHI ESE YARIYE NINDE WAMUGABURIYE NIBINDI BYINSHI😭😭😭😭🙆
Urantonetse kbc gusa sinkurenganya nti wari ubizi mbere namubazaga impamvu atagiye kumeza ati sindi umwana kuva ubwo ntacyo nongeye kuvuga kd ubwo icyari cyibyihishe inyuma naracyibonye
*KUGIRA UMUNTU WIZEYE WABWIRA IBIBAZO BYAWE NI BYIZA PE ARK UWO MUNTU AGOMBA KUBA AZI KWAKIRA NO KUBIKA IBANGA KUKO IYO ASOHOYE IBYO WAMUBWIYE BIKUBABAZA INCURO ZIKUBYE😭😭😭😭*
Kugirango ubone inshuti nkiyo biragoye cyane nge nagize amahirwe yo kumugira aramfasha cyane kd tWamenyanye abyaye 1nge nari ntarashaka ubu maze imyaka 25 nubatse ariko iyo atamba hafi ngo antege amatwi mba nararenze indera gusa binasaba kwikuramo uwo muntu ukwangiriza umutima ukamwibuka umubonye nako nge nize byinshi cyane abazi bibazo ngira cyane ko atari nibanga bayobewe uko nteye ntanuwamenya uwo ndiwe
Urugo rubi ruraga puuuuuu
Pastor ingo ntizisa !!!!!!gusa murakoze
Amen 🙏🙏🙏
Ikiganiro cyiza
Ndi Allen uganda ubwo se mushumba afite urugambo
Umugore iyo yumva akunzwe nicubahiro kiza naturelement
Uko nukuri. Kiretse ari Dayimoni zikuboshe nayubundi Umugabo agukunda wareka gute kumwubaha birizana
Bagabo mukunde abagore banyu bagore namwe mugandukire abagabo banyu nibyiza ariko nigute umugabo atagukunda ngo akwiyeho nawe ubashe kuganduka keretse Uri marayika nihitiraga
Ikibazo nuko abenshi batabyumva kimwe nawe kandi ibyuvuga nibyo bikenewe muriki gihe
murakoze cyane
Imana ibahe umugisha
Uko nukuri ncuti Y'Umusaraba...Habwirwa benshi hakumva benevyo...ubwo umwe wese yitabe kugatwe ke
Umuntu ashaka kukuvugisha byashoboka
Past yarabyibushye
Ni gute wubaha umuntu utuzuza inshingano ze?
Imana yomwijuru ibahe umugisha pastor Desiré na Dominic , ariko wazamunsabiye number konyikeneye ( please bishoboka muzabinkorere murakoze)
Numero ya Pastor ni: +250788422984
Ndakunda cane inyigisho zanyu.Imana ibazigamire ico kibitsanyo.Be abundantly blessed 🙏
Nakora iki kdi mfite amarangamutima
Pastan Désire ndumurundikaz ndashak guhura nawe jew ndumv nukir
Kumazin nitw Clémentine
Ikindinkomuchalo mubyukanamugitondomukajanamukazi akabashakakomutahana byijekandiuratekauravomantaguhumwanyakandiwearatahaarakalabanogutembela.
Mushumba ndagukunda Imana izakumpere ijuru
Pastan nukur jew ndipfuz kukubon muburundi
Ikibazo abagabo ntibazi icyo bashinzwe rwose,baba bumva bahabwa,bakubahwa,bagateteshwa....ariko kugirango bahe abagore babo ibibakwiye ntibishoboka .
@Josiane, birashoboka rwose kuko hari abagabo benshi cane bubahiriza inshingano zabo, kimwe nuko hari abagore nabo harimo abubahiriza inshingano ndetse nabatazubahiriza.