#Unsachet

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 17 жов 2024
  • Delphine ni izina ry’abana b’abakobwa rifite inkomoko ku ijambo ry’Ikilatini “Delphīnus”, mu
    Kigiriki riba “delphis” bivuga ngo ifi ifite inda.
    Ni rimwe mu mazina akunzwe cyane dore ko ryaje ku mwanya wa 3, 243 mu mazina akunzwe
    kurusha ayandi mu 2019.
    Ba Delphine ni intyoza mu guhanga udushya, ibyo bikajyana n’uko bakorana imbaraga
    umurimo bashinzwe. Ubunebwe ni ikizira muri kamere yabo kuko bagira ishyaka rikomeye.
    Uzabasanga mu bikorwa byinshi cyane ko batishimira kuba basuzugura uwabatumiye. Bagira
    impano yo kuyobora abandi kandi bakabikora neza, aho bageze hose usanga baramutswa
    inshingano z’ubuyobozi.
    Ba Delphine bihagararaho mu byo bavuga byose, bitondera bikomeye intego bihaye kugira
    ngo bazayigereho. Iteka bashakisha ibitekerezo bishya bitandukanye n’iby’abandi,
    bagaharanira no kubibyaza umusaruro.
    Mu miterere y’aba bakobwa uzasanga bagira amahane, abo bayoboye babayoboresha igisa
    n’igitugu kandi kwihangana ntibibarangwaho.
    Ba Delphina bakunze kurangwa no gutekereza cyane mbere yo kugira icyo bakora, bagira
    umutima w’impuhwe, bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje,bagira umutima wo kwihangana
    kandi ni abanyamahoro.
    Ba Delphine bakunze kurangwa no guhanga udushya, bakorana ingufu, banga ubunebwe,
    bakunda gutegeka kandi bagira umutima woroshye.

КОМЕНТАРІ • 36