IGITANGAZA CY'UKARISTIYA GIKOMEYE MU RWANDA
Вставка
- Опубліковано 22 кві 2024
- Igitangaza cy’Ukaristiya gikomeye mu Rwanda
#kibeho; #jesus ; #jesuschrist ; #jesuscristo
Umwari MUKANEZA Francine, twaramusuye, atwibwirira koko ko atunzwe n’Ukaristiya
Nta kindi kintu ashyira mu kanwa kuva ku wa 05/05/2016 kugeza uyu munsi tubagejejeho iyi nkuru.
Byemejwe n’abaganga, kandi bykirwa neza n’abashumba bagie baba hafi ye muri Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Paroisse Mweso, muri Diocese ya Goma, byongera kwemezwa n’abaganga b’Ibitaro by’Akarere bya Kigeme, mu Karere ka Nyamagabe.
Yicisha bugufi cyane, ntaharanira kumenyekana ubwe.
Twifuje ko inkuru nziza nk’iyi yadufasha kwizihiza neza isabukuru y’imyaka 350 Marigarita Mariya Alacoque abonekewe na Yezu akamwereka umutima we ubabazwa n’ibyaha akorerwa, cyane cyane mu isakramentu rye ry’urukundo.
Niba mwifuza ibisobanuro birenze ibiri muri iyi kuru mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri watsapp, kuri numero ya telephone +250786375978.@ Mushobora kandi kwandika igitekerezo cyayo munsi y’iyi nkuru.
Kibeho New Thabor, izakomeza kubagezaho ibindi bitangaza n’ibimenyetso byakomeza ukwemera kwacu.
Kristu Yezu akuzwe iteka.
Ikibazo cya mbere : yageze Congo ate? Yagarutse mu Rwanda ryari?
Yageze muri kongo nk’impunzi akiri muto mu 1994. Yahavuye vuba cyane kuko yageze mu Rwanda ku wa 07/02/2020. Ni ukuvuga ko muri kongo yahamaze imyaka igera Kuri 25.
Ikibazo cya kabiri: byatangiye bite ?
Kuva Francine ari umwana, yari umukristu. Yarerewe mu muryango wakundaga gusenga, ari wo wa Sekuru ubyara Nyina. Francine aragita ati, “ Nkiri Umwana, nari umwana ukunda ukunda gusenga. Namye numva nshaka kwiha Imana, kuva mfite imyaka icyenda(09).
Yakunze gusengera mu muryango wa Legio Mariya. Ari i Mweso, muri Masisi, yasengeraga muri Groupe Charismatique YEZU NTUNSIGE, Paruwasi Matanda, aho yageze muri 2005.
Hari ibindi byagiye bimubaho. Ku italiki 2/10/2007 yabuze ijwi, ryaje kugaruka ku wa 25/1/2014, ari mu Misa, ashiduka ari kuririmba, amara ukwezi n’igice afite ijwi. Yongeye gusarara, ijwi rigenda burundu. Yaje kongera kugaruka ku wa 1/11/2021.
Ku byerekeye kutarya, habanje gusinzira. Byatangiye ari Kuri Mashami. Yasinziraga amasaha atatu, agakanguka isaha imwe akongera agasinzira. Haza kubaho kumara umunsi wose asinziriye, akongera agakanguka; haciye igihe gito yongera gusinzira akamara iminsi ibiri agakanguka ku wa gatatu. Haje no kugera igihe amara iminsi itandatu y’icyumweru asinziriye agakanguka ku cyumweru. Ibi bimara igihe kirekire.
Iyo yakangukaga babanzaga kumuhaza ubundi akarya.
Byaje kugera igihe kurya biramunanira. Ati naryaga n’akayiko kamwe nkabyimba munda. Nahagaritse kurya burundu ku wa 05/05/2016.” Hari Kuri Asensiyo. Ati, kugeza ubu nta kintu ndongera kurya cyangwa kunywa.”.
Yabaga asinziriye gusa. Padri wabimenyeshejwe bwa mbere , yaravuze ngo uwo muntu nta cyo bamumarira, napfa bazamushyingura gikristu.
Ikibazo cya gatatu: yagejejwe kwa muganga gute, bigenda bite ?
Hari umufrere uva i Bugande wagombaga kuza ngo asengere abarwayi, Paruwasi idutumaho ngo tuzazane uwo murwayi asengerwe. Twaramujyanye.
Frere Pius yaje ari kumwe n’abapadri mu mutambagiro, bagana Altar ngo Misa itangire. Bakinjira Frere yaje agana aho turi hamwe na Mukaneza Francine, Frere yunama kuri Mukaneza, aratinda, ku buryo bateye indirimbo eshatu zo kwinjira akimwunamyeho amuramburiyeho n’ibiganza.
Isengesho ryo gusengera abarwayi rirangiye, Pius yagarutse aho turi, arambwira ati, icyo Yezu yambwiye ni ukujyana umurwayi kwa Muganga. IBINDI YEZU AZABIKORA AGEZE KWA MUGANGA.
Tumugejeje kwa Muganga, abaganga baradutonganyije cyane, ko twicishije umuntu inzara. Nyamara bapimye glycemie bapima n’amaraso basanga nta kibazo afite. Ikibazo ari imbaraga zo guhaguruka adafite gusa.
Muganga yampaye ibinini ngo muhe, ndamusaba ngo abimumpere, arantonganya ariko aremera arabimuha. Amuha amazi ngo amuhe ibinini, biranga. Muganga yajyanye ubwoba, haza abandi.
Baganga bose baje gukora inama, bavuga ko uwo muntu yishyizemo ko atunzwe n’ibintu bitagatifu, batumaho padri ngo yohereze amazi y’umugisha base kumuvangira na biscuits.
Amazi ahageze baramubajije bati tuguhe amazi, yikiliza akoresheje umutwe ati yego. Ariko bakiyamuha agira ikibazo umubiri urabyanga. Ubwo ntibaba bakivanze na Biscuit.
Bemeza kumushyiramo sonde na bwo biranga, umubiri urivumbagatanya. Babonye byanze bavomye amazi mu mubiri bajya gupima. Baratubwira ngo dutegereze igisubizo. Byose biza ari bizima. Igisonga cya Musenyeri wa Diyosezi ya Gomayaje Kuri Paruwasi ahita aza kubwira abaganga ngo ntihazagire icyo bongera kumugerageresha.
Igihe yahagurukiye agatangira gukora imirimo ni ku wa 11/12/2016. Yarahagurutse ajya mu Kiliziya.
Mu buzima bwa buri munsi ajya mu misa, akora isuku mu nzu no hanze, atekera abarya, ajya mu murima, agatera intabire, kandi ntiyabura amazi yo gukaraba, ajya kuyavoma iyo nta bandi babonetse bayavoma.
Na ho kuvuga ni ku wa 1/11/2021, hari ku munsi mukuru w’abatagatifu bose, mu Misa ya kabiri. Yari ayrageze mu Rwanda.
Kujya muri koma.
Bavandimwe mudukurikiye? iki gitangaza mwacyakiriye mute? Ese murumva hazakurikiraho iki?
Umva birenze ubwenge bwa muntu ariko uwo Roho Mutagatifu ayoboye arasobanukirwa ko kwa Yezu Rukundo Rusa ntacyo tutahabonera.Gusa nidushaka kubana na Yezu twirinde ingeso mbiiii zose kuko atabana n'icyaha.Amen
@
🎉 Yezudukunda
Ninde cyangwa ni bande bakurikirana ko nta kindi kintu arya cyangwa anywa? Byatangiye gute kugira ngo areke kurya no kunywa nkatwe twese?
@@atiitvrwanda iyo bigeze ku bya Yezu Kristu ibibazo nk'ibi ntibijya bibura.Aha bitwibutsa uko Thomas intumwa yahakanye Izuka rya Yezu.Niyo mpamvu Yezu ubwe yavuze ngo muramutse mufite ukwemera kungana n'ururo mwabwira umusozi ngo imuka bikaba.Kutemera kw'abantu guhora dushaka gukora analyse za kimuntu gupinga iby'Ijuru tugira intumwa zaryo abatamutwe nibyo bigejeje isi aho igeze.Seigneur Jésus fortifie notre foi.Amen
Nzakunambiraho Yezu kuko urimuzima uruwanje kandi nanje nduwawe Nyagasani Yezu Amina
Oooh Yezu Kristu Umwami Wacu tuguhanze amaso kujyeza igihe uzatugirira impuhwe Amen.
Yezu uri mwiza cyane,ni twemera tuzabona nibirenze aho🙏🙏🙏 Nyagasani nyongerereza ukwemera
Reka Imana yitwe Imana ibihe vyose.
Oooh Yezu Wacu muri ukaristiya Ntagatifu urimo rwose, dushoboze kukwizera tukubahe tugukunde tugusange tugusenge , PADI urakoze Imana Uhoraho iguhe umugisha na Amahoro 🙏
Glory be to God and God is a great one
Nyongerere ukwemera Yezu 🙏🙏
Yezu shimwa itekaryose Amen 🙏.
Yezu mwiza nyemerera nkubone
Kwemera Imana koIshoboye byose.amen😊
Yezu nimuzima imyaka yosee🙏🙏🙏🙏nashemezwe🎉
Singizwa Yezu kristo uri mu ikarasitiya🙏
YEZU ati:Nijye mugati w'ubuzima.Amen
Amen
Amen.
Yezu nyongerera ukwizera
Yezu Ndakwemera, Yezu ndakwizera, Yezu ndagukunda
Amen
aragasingizwa Nyagasini Yezu. Nimuzima
Merci beaucoup
Amen 🙏
Singizwa Yezu.
Ibi birenze ubwenge bwa muntu,ni iyobera ritagatifu.twemere gusa Yezu azadusobanurira
Yezu ni muzima
Atwemerere bamufate amashusho kuko niba ari nyagasani wabimusabye
Ntiyabimusabye yarabimugize. Igihe nikigera amashusho azatangazwa.
Jedus j'ai confiance en toi. Yezu wakoraga ibitangaza kera ntiyahindutse. Nubu arabikora. Byiza nukumuha icyicaro mumitima yacu.
Yezu ndakwizera , Yezu umbabarire ibicumuro byajye byose
Amen Yezu abigukorere atyo. akurinde kandi aguhe umugisha
Deo gratias
Amen ! Pati, murakoze kuri ico gitangaza kidukomereza ukwemera. Mwotubwira aho vyahereye ngo aronke Ukaristiya, ni nde yawumuhaye ari muto gutyo ? Bamenye gute ko ari Ukaristiya akeneye kugira abeho ?
Murakoze !
Muraho neza!
Iki kibazo hazoza ikiganiro kigisubiza vuba.
Murakoze
Ibyuyu mukobwa murikikiganiro ntibisobanutse. Ntakintu gifatika cyatuma umuntu ahinduka .byatangiye bite? Afite imyaka ingahe? Akora iki mubuzima bwaburimunsi?Anyway?? Ukarisitiya ndayemera ariko yezu avuga ngo urya azabaho. Hari ibintu 3 byingenzi bigize umubiriwe tugomba kurya burimunsi. 1.ijamborye tukaryunvira tukarifungura burimunsi turizirikana 2.Ntama ukiza ibyaha.twiyeze buri munsi cy.twicuze buri munsi atwoze mumarasoye. 3.Imanayigize umuntu igasa natwe bivuga umukwe tumukunde burimunsi nkuko umuntu akunda fiance akirinda kumuhemukira no kumubabaza yadukoye amaraso. Hari ibyanditswe byemeza ibyo nvuze ariko sms yaba ndende.Ntitukibande kuri ukarisitiya hamwe umuntu ahazwa akunva yabyujuje abakristu benshi babayeho gutyo ahubwo twibande kw'IJAMBO rye ijambo ryumukunzi rituma wirirwa neza ukamenya ibyo wemerewe nibibujijwe.niyo mbanvu abantu badahinduka badakura tubabwira ukarisitiya aho gusesengura ijambo ryimana.Abakunda Yezu dusengere abigisha nabayobozi ba Kiriziya nibo babifitemo uruhare runini
birimo bbyinshi iki kiganiro kirateguriza ibindi byinshi bizakurikira
Funguro duhabwa rihoraho rihoraho. Yezu niwe funguro ryubuzima
byagenzuter
soma inkuru irambuye munsi ya video. byose birahari.
Yezu,ashimwe,itekaryose
Amen
Yezu akuzwe. Audio mu cyongereza nayibonye. Murakoze
Mushobora gukora indi rirambuye mu cyongereza mwifashishije texte iri munsi ya Video. ubutumwa buryoha busangiwe!
Uri Muzima pe
Turabakunda aliko tuba iyo bigwa! Wamuvugsha se? Uzamudusuhulize cyane. UTI “ indabo za MALIYA” zo kuli Emmanuel Catholic Church bara gusuhuza!!
Mukomere Yezu na mariya babarinde!
UWITEKA ni mwiza mu izina lyiza lya YEZU
Yezu Kristu warakoze kudukunda.
Ese i Mweso ko ari muli RDC ihuriyehe nu Rwanda i Cyanika ?
Mutubwire neza uko yavuye i Mweso akaza mu Rwanda.
Merci.
Harategurwa i Kiganiro kibisobanura
yezu ninahazwa
Yezu ni muzima akora ibitangaza tukabibona
Yezu akuzwe. Yezu ni muzima koko muri Ukaristia.
Nabasaba kuhindura iyi audio mu cyongereza nyisangize abanyamutima Mutagatifu wa Yezu muri Kenya.
Celestin Hakizimana umunyamutima Mt. I Nbi
Ni byiza pe! reka tuzabifatire igihe gikwiye mbere y'uko Umunsi Mukuru uba!
Hasingizwe Yezu Kristu uri mu isakramentu ritagatifu ry'Ukaristiya🙏
Ni wowe funguro ry’ubuzima uguhabwa ntasonza uguhabwa ntazapfa umuhaza igihe cyose, gahore usingizwa yezu…..
Amen
Ese mubihe bisanzwe ;ihe Atari muri coma abari muzima ashobora gukora imirimo?mubuzimabusanzwe akora iki?ese afite imyaka ingahe y'amavuko?
Yego akora imirimo rwose. Afasha Abo babana mu murimo two mu rugo
Nimuzima nimuzima nimuzima Kristu Yezu ni muzima mu isakaramentu ry'ukarisitiya!
Ngo ukwigaragaza Kwa Kristu Mwami iwacu se ko bamuhakanye se ko ataje I kibeho ?? Kandi yaraje ku mugaragaro abonekera Segatashya n abandi ngaho nimigerageze ni iki kitakozwe
Mukomereho, usabire abatabyemeye, wituruze. Yezu abane Nawe!
Yezu nimuzima🙏
@@KibehoNT❤
Mbashimiye ubu butumwa. Nubwo Francine adashaka kumenyekana, byashoboka ko abibanyujijeho yatubwira 1/ Uwamubwiye kureka amafunguro asanzwe ngo atungwe n’umubiri wa Kristu gusa? 2/ Icyo cyemezo cyari kigamije iki ubyongeye ku bisibo bikakaye ababonekewe i Kibeho bagiye bakora ?
iki cyumweru turasubiza byinshi ku bibazo mwabajije. ntimuzacikwe. dukure mu Kwemera
Ni ukuri niko bimeze ndabizi neza lmana ikomeze imukomeze
Kimine Rukore?
barankosoye ni Rukondo
Ariko rero urimo uraduha amakuru y'ibice! Turabizi turabihamya ko Yezu ari m' ukaristia rwose! Ariko se uwo mukobwa wagiriwe ubuntu byaje bite? Yageze Congo ate? Agera ahongaho ate? Angana ate? Kugirango atungwe na ukaristia byaje bite?? Gerageza utubwire naho ubundi ibyo bindi urenzaho turabizi pe! Tubwire imvo n'imvano...kuko hari n'abatagatifu bagiye babaho gutyo ubuhamya bwabo buradufasha!
Urakoze Padi buriya izakomeza udusobanurire icyo gutangana
Kristu ananiwe iki se kumwemera?
Nanjye baba kuyikunda nkuko yadukunze byonyine
Arahari muri hostiya gusa aca bugufi ngo tutamutinya
Ajye aduba kumwubaha no kumwemera
Yezu akunda abanyarwanda pe
Ndabimushima
Rwose murakoze kdi Yezu turamwemera ariko gerageza udusobanurire byatangiye bite? Angana ate abaho gute ?
Mujye musoma incamake mu nsi ya video. birarambuye. ni byo tuzavuga no ku bindi bitangaza nk'ibi mu mateka ya Kiliziya.
None se afite imbaraga?? Afite umubiri cyangwa yarazonzwe? Yezu ni muzima pe!!!
Mu bihe bisanzwe akora imirimo yo mu rugo nta kibazo. namusanze ari muzima ari muryerye, twaganiriye afite imbaraga
Yuzu ni muzima.
Ariko niba ntacyo imana imuvugaho, ese byatangiye gute kugirango atangire gutungwa na okarisitiya?????
Mutubarize adusobanurire ukuntu byatangiye . Mubane mu mahoro
Hateganyijwe ikiganiro kirambuye kibisobanura. murahishiwe. kugira ngo ikiganiro nigisohoka muzahite mukibona mwiyaboneshe (subscribe)
Yezu mu iskalamentu ry ukalisitiya ,urahari nanjye Ndahari ibyo birampagije
.@@KibehoNT
Amen
Yezu ni muzima
Amen