Це відео не доступне.
Перепрошуємо.

Ese Yesu Yamaze mu Gituro Iminsi Itatu n' Amajoro Atatu?

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 18 сер 2024
  • Ese Yesu yamaze mu gituro iminsi itatu n’ amajoro atatu?
    Mu gice cya 23:50 kugeza 24:3, Luka avuga ko Yesu yagiye mu gituro ku munsi wo kwitegura mbere y’ uko izuba rirenga. Aruhukira mu gituro ku isabato, maze mu rukerera ku munsi wa mbere w’ icyumweru Yesu arazuka. Bamwe bizera ko Yesu yabambwe kuwa gatatu uyu usanzwe, gusa ibyo bivuguruza ubuhamya butomoye bw’ Ibyanditswe byera kubera ko ahazwi nko kuwa gatanu ari wo munsi wo biteguragaho Isabato.
    Bamwe batsimbarara ku kuba Yesu yaragombaga kumara mu gituro amasaha 72 atavaho na gato-aho byumvikana ko ataba yarasohoje iby’ iminsi itatu n’ amajoro atatu bigarukwaho muri Bibiliya. Kubwo amahire, dufite ibihamya byinshi byo muri Bibiliya bidufasha gusubiza ibi:
    1. Inshuro 10, Bibiliya ivuga ko umuzuko wari kubaho ku munsi wa gatatu.
    2. Inshuro 5, Bibiliya igira iti: “mu minsi itatu”.
    3. Inshuro 2, hakoreshwa imvugo “nyuma y’ iminsi itatu.”
    4. Inshuro imwe yonyine nib wo Yesu avuga iby’ urupfu rwe nk’ iminsi itatu n’ amajoro atatu.
    Izo ni imvugo zimwe zikoreshwa muri Bibiliya harengurizwa ku muzuko wa Yesu, kandi hari inzira imwe yonyine zishobora kuzuzanya: ibyo byakorwa gusa dusobanukiwe n’ imikoreshereze rusange y’ ururimi yo muri icyo gihe itarahezaga igihe habarwa igihe. Muri make, ibi bivuze ko igice icyo ari cyo cyose cy’ umunsi cyabarwaga nk’ umunsi wose. Muri Luka 13:32 na 33, Yesu yaduhaye ubusobanuro butomoye bw’ uko twatahura umunsi wa gatatu. Yesu yagize ati:
    “Dore arirukana
    abadayimoni, arakiza abantu none n’ejo, maze ku munsi wa gatatu azaba arangije rwose.’ Ariko nkwiriye kugenda none n’ejo n’ejo bundi.”
    Mbega uburyo Yesu yabyorohejemo! Umunsi wa gatatu iteka ni ukurikira ejo haherewe ku gikorwa runaka. Bityo rero, duhereye ahazwi nko kuwa gatanu-wo umunsi w’ umwiteguro-tubona ko ejo byaba ari ahamenyerewe nko kuwa gataandatu, n’ aho umunsi ukurikiraho akaba ari ku cyumweru. Nk’ uko Yesu yarahutse Isabato ku munsi wa 7-wo Sabato-amaze kurema, ni na ko yawuruhukiye mu gituro amaze kuducungura.

КОМЕНТАРІ •