Isengesho ryo Kwirukana Shetani - Gérard Ruvunabagabo(09092017)

Поділитися
Вставка
  • Опубліковано 9 лют 2025
  • Sekibi na roho mbi zawe, sohoka, ja musi y'Umusaraba wa Yezu.
    Mugaba mukuru w’ingabo zo mw’ijuru
    Mutagatifu Michael Archange
    Dutabare mu ntamba turwana n’ibikomangoma
    n’abanyabubasha babi n’abategeka iyi si y’umwijima
    Na roho mbi zijarajara mu kirere.
    Ngino utabare ababavandimwe
    aba bantu Imana yiremeye ibishushanijeko.
    Kristu yabacunguje amaraso y’igiciro gikomeye
    Bavanwa m’ubucakara bwa sekibi.
    None rero Mumalayika Michael Archange
    Wewe Ekleziya Ntagatifu yubaha nk’umurengezi n’umurinzi wayo
    Wewe Nyagasani yashinze roho z’abacunguwe
    Kugirango uzazigeze mw’ijuru,
    Dusabire Imana y’Amahoro ihonyore Shetani
    na za roho mbi zose munsi y’ibirenge vyacu
    Kugirango idakomeza kwigarurira abantu
    no kugirira nabi abana b’Imana.
    Duturire Umushobora byose amasengesho tugiye gukorera muri iki cumba kugira adatinze
    atumanurireko Impuhwe ze kandi aturatuze
    ububasha bwa ya nzoka yakera ariyo Shetani
    Ayohereze mu nyenga kugirango itazongera kudushuka,
    gushuka aba bana b’Imana no kutwigarurira ukundi. Amen
    Mw’izina rya Yezu Kristu Imana yacu
    Kubw’ubuvugizi bwa Bikira Mariya
    Utagira inenge Umubyeyi w’Imana
    Kubw’Umumalayika Mutagatifu Michiael Archange
    Kubwo Intumwa Petero na Paulo
    hamwe n’abatagatifu bose
    Twishimikije Ububasha Butagatifu
    Kubw’Ingabire twahawe no kubw’ubutumwa twahawe
    muri Ekleziya y’Imana mu Kwizera;
    Twirukanye roho mbi n’imitego yayo yose
    n’ubushukanyi bwa sekibi.
    Sekibi,
    Imana nihaguruke, maze abansi bayo batatane,
    bashwiragire kandi bahunge.
    Nkuko umwotsi uyoyoka, nabo nibashonge nkuko ishashara rishonga imbere y’umuriro
    Abanyavyaha nibahunge imbere y’uruhanga rw’Imana
    Dore Umusalaba wa Nyagasani Yezu:
    Nimuhunge mwebwe banyabubasha babi
    Yezu yaratsinze we Ntare yo Mumuryango wa Yuda,
    Umwana wa Dawudi.
    Impuhwe za Nyagasani nizitumanukireko
    Kuko amizero yacu awushingiyeko.
    Twirukanye roho mbi izarizo zose, ububasha bwa sekibi,
    Imyuka mibi yo mukuzimu,
    Udutsiko twose twa za roho mbi.
    Mw’izina rya Yezu Kristu, no mu bubasha bwa Yezu Kristu,
    Sohoka uve muri Kiliziya y’Imana,
    no muri roho zaremwe mw’ishusho y’Imana
    kandi zacungujwe Amaraso y’igiciro ya Ntama w’Imana
    Sekibi nawe roho mbi,
    Kuvubu ntozongere kuyovya aba bana b’Imana
    Gushuka abantu no gutoteza Ekleziya y’Imana
    Guhungabanya no gucengera abatowe n’Imana.
    Sekibi,
    Imana Mushobora vyose iragutegetse
    No mu bwirasi bwawe,
    wewe uhora ushaka kwigereranya nayo
    Ugashaka ko abantu bose barwa mu buyobe
    kandi babura amaja n’amaza
    Imana Data iragutegetse, Imana Mwana iragutegetse, Imana Roho Mutagatifu iragutegetse, yo yemeye kwicisha bugufi kugera ku ndunduro y’ibihe kugira itugarurire Umukiro twari twararazwe na Mana Mwana.
    Ngiki Ikimenyetso c’Umusalaba n’Ububasha bw’amayobera y’ukwemera kwa Gikristu
    Ububasha bw’Umubyeyi Bikira Mariya buragutegeka
    Kuva agisamwa nta nenge, we wiyoroheje, yakujanjaguye umutwe wewe mwirasi.
    Ukwemera kw’Abatagatifu n’izindi Ntumwa kuragutegeka
    Amaraso y’abahowe n’ Imana bose baragutegeka.
    Noneho sekibi n’udutsiko tw’amashetani yarari aha ngaha
    Roho mbi zijarajara mu bavandimwe,
    Roho mbi zigenda mu ngo zabo
    Roho mbi zigenda mu kazi kabo,
    Roho mbi zigenda mu mibiri yabo, mu buzima bwabo
    Mu bikorwa vyabo no mu ngabire zabo;
    Yezu Kristu aragutegetse:
    Sohoka burundu…..
    Va mu Bantu bari hano….
    Ja munsi y’Umusalaba wa Yezu……
    Ntabubasha ugifise…..
    Sohoka mu buzima bwanje……
    Sohoka mu muryango wanje……

КОМЕНТАРІ • 6